Flash was not detected

INTAMBWE ISHIMISHIJE MU NZIRA Y’UBUMWE N’UBWIYUNGE MU KARERE KA KIREHE

Imwe mu nzu zatashywe uwo munzi zubakiwe abatishoboye bacitse ku icumu rya jenoside

Muri gahunda yo gushimangira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge, Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’ubwiyunge yifatanyije n’ubuyobozi ndetse n’abaturage benshi bo mu kagari ka Rwanteru, umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, Intara y’Iburasirazuba mu gutaha ku mugaragaro amazu arenga mirongo ine n’imwe y’ubutswe n’abatijistes y’ubakirwa abatishoboye bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Iyi ni korari y’ubumwe n’ubwiyunge ihuriwemo n’abiyunze, ubu bahimba indirimbo z’ubumwe n’ubwiyunge

Uyu muhango ukaba wari witabiriwe n’abashyitsi benshi baturutse mu bice binyuranye, kuko uretse Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC, Dr. Habyalimana Jean Baptiste wari n’umushyitsi mukuru muri uwo muhango hari n’umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, hakaba hari kandi n’abashyitsi bari baturutse mu gihugu cy’ubuyapani ndetse n’amaerika bakuriye Umuryango REACH, muri uyu muhango hari kandi n’umuyobozi mukuru wa REACH mu Rwanda Reverend Pasteur Philbert Kalisa n’abandi bayobozi banyuranye b’umuryango REACH mu Rwanda. Umuryango REACH bikaba bivuga mu rurimi rw’icyongereza RECONCILIATION EVANGELISM AND CHRISTIAN HEALING, umuntu agenekereje mu

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC ageza ijambo ku mbaga yari iteraniye aho

Kinyarwanda yavuga ko ari Umuryango wa Gikristo ushinzwe Ivugabutumwa n’ubwiyunge no gukira mu mitima kw’Abakristo.

Uyu murango REACH ukaba ari nawo wateye inkunga iki gikorwa cyo kubaka aya mazu, kuko watanze ibikoresho by’ubwubatsi.

 

 

ni umwe mu bayobozi b’itsinda ry’abayapani bo mu muryango REACH bari baje muri iki gikorwa

Uyu muhango ukaba wararanzwe n’ubuhamya bunyuranye bwatanzwe n’abiyunze ndetse no kugaragaza intambwe imaze kugerwaho n’abiyunze.

Mu buhamya bwatanzwe n’abafashe amagambo bose bashimye intambwe imaze guterwa muri gahunda y’ubwiyunge basaba ko yakomeza ndetse naho itaragera ikahagera.