Imyiteguro y’Itorero ry’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’ubutugari igeze kure

Umuyobozi wa Task Force y’Itorero ry’Igihugu, Rucagu Boniface
Umuyobozi wa Task Force y’Itorero ry’Igihugu, Rucagu Boniface

Nyuma y’Itorero ry’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge ryabaye muri Kanama 2011, Task Force y’Itorero ry’Igihugu, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu irimo gutegura Itorero ry’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’ubutugari.

Iyo niyo ngingo yahuje abahagarariye Intara n’Umujyi wa Kigali tariki ya 17 Mutarama 2012 I Remera kuri Hoteli Hill Top. Nk’uko Umuyobozi wa Task Force y’Itorero ry’Igihugu Bwana Rucagu Boniface yabivuze, iyi nama yari igamije gutegurira hamwe Itorero ry’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari. Yavuze ko abayobozi b’Intara n’Umujyi wa Kigali bifuje ko iri torero baritegura , bakarigira iryabo kuko rizabafasha kuganira n’abariya bayobozi gahunda zitandukanye z’akazi bashinzwe.

 

Yakomeje avuga ko Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’ubutugari bafite uruhare runini mu gushyira mubikorwa gahunda za Leta, bityo ko Itorero ryabo rigomba gutegurwa neza. Ibyo bizatuma baba Intore nyazo, zizafasha mu guhindura imyumvire y’abanyarwanda no kwihutisha iterambere.

By’umwihariko bazagira uruhare rugaragara mu Itorero ryo ku Mudugudu no mu mashuri; mu gukoresha Komite z’Intore ku Mudugudu; mu gukurikirana ibikorwa by’Intore; kubaka mubaturage morale ituma bigirira icyizere.

Umuyobozi wungirije wa Task Force y’Itorero ry’Igihugu Bwana Ntidendereza William we yavuze ko Itorero ritegurwa kare abantu batagomba gutegereza ko ritangira.

Inama yasuzumiye hamwe ingingo zikurikira: umubare y’abazatozwa, abazayobora igikorwa, site zizatorezwaho, kumenyekanisha igikorwa, gutegura abatoza, imitangire y’amasoko, kunoza ingingo y’imari no kunoza ibiganiro.

Nyuma yo gusumira hamwe ingingo ku yindi , abahagarariye Intara n’Umjyi wa Kigali basabwe gukenda bakanoza neza gahunda hakurikijwe imiterere ya buri Ntara bakazongera guhura. Ibibazo bindi bitabonewe ibisubizo bikazashyikirizwa ubuyobozi bwa Steering Committee y’Itorero.

Biteganyijwe ko Itorero ry’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari biteganyijwe ko rizaba muri Werurwe 2012.

 

By MUHIRE Hilaire

 

AMAHUGURWA Y’ABARIMU BIGISHA UBURERE MBONERAGIHUGU ARAKOMEJE

Aba ni bamwe mu barimu bahuguwe bo mu turere twa  Ruhango na Nyanza
Aba ni bamwe mu barimu bahuguwe bo mu turere twa Ruhango na Nyanza

Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge ikomeje amahugurwa y’abarimu bigisha uburere mboneragihugu mu mashuri yisumbuye yo mu Rwanda. Tariki ya 24-26 Mutarama 2012 hahuguwe abarimu bo mu turere twa Ruhango na Nyanza muri Centre St André i Kabgayi mu karere ka Muhanga.

Aya mahugurwa agamije ibi bikurikira: Kongera ubumenyi n’ubushobozi bw’abarimu bashinzwe kwigisha ibirebana n’uburere mbonera gihugu mu bigo by’amashuri yisumbuye, gusesengura uburyo uburere mboneragihugu n’ubumwe n’ubwiyunge byatezwa imbere mu bigo by’amashuri yisumbuye no gufata ingamba z’uburyo byazakorwa hifashishijwe uruhare rwabo.

 

Abahuguwe bize amasomo akurikira : ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda n’uruhare rw’abarimu mu kwimakaza ibipimo by’ubumwe n’ubwiyunge; uruhare rw’abarimu mu kwimakaza uburere mboneragihugu nk’inkingi y’ubumwe n’ubwiyunge burambye mu Rwanda; gahunda y’Itorero ry’Igihugu mu mashuri no kwimakaza indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda; gukumira, guhosha no gukemura amakimbirane mu muryango nyarwanda; kurwanya amacakubiri n’ingengabitekerezo ya jenoside; gusesengura hakoreshejwe ibiganiro mu matsinda, uruhare rw’abarimu mu kwimakaza uburere mboneragihugu n’ubumwe n’ubwiyunge mu muryango nyarwanda.

Nk’uko Madamu Bawaya Sarah, umukozi muri Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge akaba n’umwe mu batanga amahugurwa yabidutangarije, Komisiyo irifuza ko abarimu bagira ubumenyi buhagije mu byerekeranye n’ubumwe n’ubwiyunge, barwanya ingengabitekerezo ya jenoside n’ivangura iryo ariryo ryose, gukemura amakimbirane kuko aribo bafasha mu bigo byabo gukemura ibibazo, haba mu banyeshuri cyangwa mu kigo muri rusange. Usibye kandi mu bigo, bagomba kuba imboni z’ubumwe n’ubwiyunge no guharanira indangagaciro aho batuye. Byongeye kandi, abarimu bigisha uburere mboneragihugu bazagira uruhare mu gutangiza Itorero mu mashuri. Madamu Sarah kandi yabasabye kuba intagarugero aho bari, bakarangwa n’indangagaciro kuko ntawe utanga icyo adafite. Ibi byose ntabwo babigeraho badafite ubumenyi buhagije , niyo mpamvu hakenewe amahugurwa afasha kwiyungura ubumenyi.

Asoza ayo mahugurwa, umuyozi w’Ishami ry’Uburere mboneragihugu muri NURC, Bwana Bakusi Alphonse, wari uhagarariye Umunyamabanga Nshingwabikorwa, yasabye abarimu guhuza ubumenyi bize mu mashuri n’indangagaciro nyarwanda. Hari abantu bize ubumenyi babuze indangagaciro ubungububu bakaba barimo babazwa ibyo bakoze. Yagize ati:« ibi bikwiye kuduha isomo ry’aho tuvuye naho tugana.»

Bwana Bakusi yakomeje avuga ko ubumenyi n’umuco bikwiye kuba umusemburo w’imbaraga mpinduramatwara mu kubaka igihugu. Yabasabye ko ibyo bize byabafasha kurushako kunoza isomo ry’uburere mboneragihugu bigisha kandi Komisiyo izagumya gukorana nabo.

Mukamanzi Julienne wigisha kuri Groupe Scolaire Munini mu karere ka Ruhango yatubwiye ko isomo yize ryo gukemura amakimbirane rizamufasha mu gukemura ibibazo mu banyeshuri, abo bakorana ndetse n’abaturanyi: Yagize ati «bizadufasha mu banyeshuri, abarimu n’abayobozi duhuza abagiranye ibibazo»

Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge ifite gahunda yo guhugura abarimu bigisha Uburere Mboneragihugu mu mashuri yisumbuye, mu turere twose tw’igihugu, ubu ikaba imaze guhugura abo mu turere icumi.

 

Flash was not detected

INTAMBWE ISHIMISHIJE MU NZIRA Y’UBUMWE N’UBWIYUNGE MU KARERE KA KIREHE

Imwe mu nzu zatashywe uwo munzi zubakiwe abatishoboye bacitse ku icumu rya jenoside

Muri gahunda yo gushimangira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge, Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’ubwiyunge yifatanyije n’ubuyobozi ndetse n’abaturage benshi bo mu kagari ka Rwanteru, umurenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, Intara y’Iburasirazuba mu gutaha ku mugaragaro amazu arenga mirongo ine n’imwe y’ubutswe n’abatijistes y’ubakirwa abatishoboye bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Iyi ni korari y’ubumwe n’ubwiyunge ihuriwemo n’abiyunze, ubu bahimba indirimbo z’ubumwe n’ubwiyunge

Uyu muhango ukaba wari witabiriwe n’abashyitsi benshi baturutse mu bice binyuranye, kuko uretse Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC, Dr. Habyalimana Jean Baptiste wari n’umushyitsi mukuru muri uwo muhango hari n’umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, hakaba hari kandi n’abashyitsi bari baturutse mu gihugu cy’ubuyapani ndetse n’amaerika bakuriye Umuryango REACH, muri uyu muhango hari kandi n’umuyobozi mukuru wa REACH mu Rwanda Reverend Pasteur Philbert Kalisa n’abandi bayobozi banyuranye b’umuryango REACH mu Rwanda. Umuryango REACH bikaba bivuga mu rurimi rw’icyongereza RECONCILIATION EVANGELISM AND CHRISTIAN HEALING, umuntu agenekereje mu

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC ageza ijambo ku mbaga yari iteraniye aho

Kinyarwanda yavuga ko ari Umuryango wa Gikristo ushinzwe Ivugabutumwa n’ubwiyunge no gukira mu mitima kw’Abakristo.

Uyu murango REACH ukaba ari nawo wateye inkunga iki gikorwa cyo kubaka aya mazu, kuko watanze ibikoresho by’ubwubatsi.

 

 

ni umwe mu bayobozi b’itsinda ry’abayapani bo mu muryango REACH bari baje muri iki gikorwa

Uyu muhango ukaba wararanzwe n’ubuhamya bunyuranye bwatanzwe n’abiyunze ndetse no kugaragaza intambwe imaze kugerwaho n’abiyunze.

Mu buhamya bwatanzwe n’abafashe amagambo bose bashimye intambwe imaze guterwa muri gahunda y’ubwiyunge basaba ko yakomeza ndetse naho itaragera ikahagera.